
Mu buryo bumwe, niba Imana yararemye byose, ubwo twafata umwanzuro ko
mubyo yaremye harimo n’ikibi. Ariko rero, ikibi si ikintu cyaremwa,
nk’amabuye cyangwa ibiti.
Ntiwabona indobo yuzuye ikibi. Ikibi
ntabwo kibaho ubwacyo, ahubwo ni ukutabaho kw’icyiza. Urugero, imyobo
ibaho, ariko ibaho kuko haba hatari ubutaka.
Ni nako rero Imana
ubwo yaremaga, ibyo yaremye byose byari byiza. Kimwe mu bintu byiza
Imana yaremye harimo ibiremwa byashoboraga gutoranyamo ineza.
Ariko
kugira ngo habeho guhitamo nyakuri, Imana yabyemereye ko habaho irindi
hitamo. Nuko rero yemerera abamalayika n’abantu bose gutoranyamo ineza
cyangwa kwanga ineza (ikibi). Iyo habayeho ikintu kitagenze neza kandi
hari hiteguwe ineza, icyo nicyo twita ikibi, ariko ibyo ntibivuga ko ari
ikiremwa Imana yahanze.
Ariko wenda reka dukomeze dutange urundi
rugero. Umuntu abajije ati ese imbeho ibaho?, wasubiza uti yego, imbeho
ibaho. Ariko mu byukuri, ibyo sibyo. Imbeho ntabwo ibaho, ahubwo ni
ubushyuhe budahari.
Nanone, umwijima ntubaho; ni umucyo uba
udahari. Ikibi ni iyo Icyiza kidahari, cyangwa tubivuze ukundi, ikibi ni
aho Imana itari. Imana ntabwo yaremye ikibi, gusa nuko yemeye ko icyiza
gishobora kudatoranywamo.
Imana ntabwo rero yaremye inabi, ariko
yemera ko ibaho. Iyo Imana itaza kwemera ko ikibi kibaho, ubwo abantu
n’abamalayika bari kuba bakunda Imana kuko nta kundi, nta yandi
mahitamo.
Ntiyashakaga imashini zikora icyo ishaka kubera ko
yaziremye gutyo. Imana yemeye ko ikibi cyabaho kugira ngo tugire
umudendezo nyakuri, dutoranyemo kuyikunda no kuyikorera cyangwa
kuyitaza.
Twe nk’abafite iherezo twese, ntabwo dushobora kumva
Imana Ihoraho (Abaroma 11:33-34). Akenshi dukeka ko twumva impamvu iri
gukora ikintu runaka, ariko kera kabaye tukamenya ko hari ikindi Imana
yari igambiriye twe tutari tuzi. Burya Imana irebera mu kwera, uguhoraho
kwayo.
Ikindi wakwibaza ni impamvu Imana yashyize Adamu na Eva ku
isi kandi izi neza ko bazacumura, bakinjiza icyaha, urupfu n’indi
mibabaro mu bantu?
Ni iyihe mpamvu itaturemye ngo itugumishe mu
ijuru aho twari kubaho mu gukiranuka nta mibabaro? Bene ibyo bibazo
ntabwo ubwenge bwacu bwabibonera ibisubizo tukiri muri uyu mubiri. Gusa
icyo dukwiye kumenya nuko ibyo Imana ikora byose ari byiza, birimo
gukiranuka, buri gihe bikayizanira icyubahiro.
Imana rero yemeye
ko ikibi kibaho kugira ngo itange amahitamo nyakuri yo kuyikunda cyangwa
kutayikunda. Imana ntiyaremye ikibi, ariko yacyemereye kubaho. Iyo
Imana itaza kwemera ikibi, twari kuba tuyikunda kubera nta kundi
twabigenza, bidaturutse mu rukundo nyakuri tuyifitiye rutuma twanga
ikibi cyayibabaza.