PBC

Ibintu 5 biranga abakristo b’ukuri.


Ese wamenya ute abakristo b’ukuri? Soma ibi bintu bitanu urasobanukirwa.

  • Bemera ko Bibiliya ari ijambo ry’Imana.

Bakora uko bashoboye kose ngo bakurikize amahame ayikubiyemo. Idini ry’ukuri ntaho rihuriye n’amadini ku bitekerezo by’abantu (Matayo 15: 7-9). Ibyo abakristo b’ukuri bigisha, ni nabyo bakora. Soma muri Yohana 17:17; 2 Timoteyo 3:16, 17.

  • Bubaha izina ry’Imana.

Yesu yagaragaje ko yubahaga izina ry’Imana arimenyesha abandi. Yafashije abandi kumenya Imana kandi abigisha gusenga basaba ko izina ry’Imana ryezwa (Matayo 6:9). None mu gace utuyemo ni bande bubaha izina ry’Imana? Soma muri Yohana 17:26, Abaroma 10:13, 14.

  • Babwiriza iby’Ubwami bw’Imana.

Imana yohereje Yesu kugira ngo abwirize ubutumwa bwiza bw’Ubwami. Ubwami bw’Imana ni bwo byiringiro rukumbi by’abantu. Yesu yakomeje kubumenyesha abantu kugeza igihe apfiriye (Luka 4:43; 8:1; 23:42, 43). Yavuze ko abigishwa be na bo bagombaga kuzabwiriza ibyo Ubwami bw’Imana. Ese iyo umuntu akwegereye akakubwira iby’Ubwami, bw’Imana utekereza ko ari uwo mu rihe dini? Soma muri Matayo 24:14.

  • Si ab’iyi si mbi.

Ushobora guhita ubibwira kuko bativanga mu makimbirane ashyamiranya abantu (Yohana 17: 16; 18:36). Nanone ntibivanga mu bikorwa bibi n’imyifatire mibi birangwa muri iyi si. Soma muri Yakobo 4:4.

  • Barangwa n’urukundo rwihariye bakundana.

Ijambo ry’Imana ribigisha ko bagomba kubaha abantu bo mu moko yose. Amadini y’ikinyoma yakunze gushyigikira intambara zishyamiranya amahanga, ariko abakristo b’ukuri barabyirinda (Mika 4:1-3). Ahubwo abakristo b’ukuri bakoresha igihe cyabo, umutungo wabo, kandi bakitanga batizigamye kugira ngo bafashe abandi kandi babatere inkunga. Soma muri Yohana 13:34, 35; 1 Yohana 4:20.

Leave a comment


Nibyo Abana b'Imana barangwa no kutivanga mubyo nabonye byose .

05/02/2025           Mukamirwa Euthalie

Amen

06/02/2025           Habimana Vincent

Imana udufashe tugire urukundo nkuko yadukunze.

24/02/2025           Narunkuse Mary