PBC

Hosiane kwakira inkuru y’incamugongo byaramugoye (Igice cya 1 cy’ubuhamya bwe)

Yesu ashimwe!

Amazina yange nitwa UWITONZE HOSIANE. Nkaba mvuka mu muryango w’abana umunani (8) abahungu batanu (5) n’bakobwa batatu (3) nkaba arijye muhererezi iwacu.

Ubuhamya bw’Uwitonze burimo ibice 2:

Igice cya mbere gishingiye kubuzima yabayemo atarakira Yesu nk’Umwami n’umukiza w’ubugingo bwe.

Igice cya kabiri kivuga ku buzima yabayemo ndetse n’ubwo abayemo nyuma yo gukora accident ikomeye n’ukuntu Imana yabanye nawe kandi ikaba ikibanye nawe kugeza uyu munsi.

Kurikira igice cya mbere:

UWITONZE HOSIANE aragira ati: “Rero nkuko twese tuzi amateka yaranze igihugu cyacu (Genocide yakorewe abatutsi mu w’1994) naje kwisanga ndi na Maman na mukuru wanjye aribo nasigaranye nabi, abandi bavandimwe ndetse na papa barapfuye muri Genocide.

Nyuma ya genocide twabayeho mu buzima butari bworoshye ubuzima bw’ubupfubyi mbese ntago byari byoroshye twabanaga nibikomere byo mu mutima kuruhande rwa maman ndetse no kuruhande rwacu ntago byari byoroshye. Ariko ndashima Yesu ujya ubasha komora ibikomere byo mu mitima.

Nsubiye inyuma gato, mukumenya ubwenge nisanze naravukiye mu muryango wa gikristo nasanze maman ayobora itorero ry ‘Anglican ari naryo torero nakuriyemo. Mbese nari umwana wo mwitorero. Maman wacu yakundaga Imana cyanee !no mubyo yatwigishaga byose yatubwiraga gukunda Imana ndetse no kuyikorera, akatwibutsa ukuntu Imana yabanye natwe mu bihe bikomeye.

Rero naje kujya kwiga secondaire nakomeje nkuko nari narabitojwe na maman ariko njyeze mu wa kabiri (2) gusenga no kuba muri korali ndabireka, mbese nasubiraga ku murongo aruko ngeze mu rugo mu biruhuko (vacance) kubera igitsure cya maman, nasubira ku ishuri nkabireka ariko umutima ukandya nakibuka amagambo mama yabaga yambwiye njya ku ishuri nkasubira muri korali ariko nkongera nkabireka. Ariko impamvu y’ibyo byose nari ntarasobanukirwa neza, arko ndashima Yesu ko yampaye ku musobanukirwa neza bitandukanye nkuko nari muzi..

Naje kurangiza nkimeze gutyo, nubwo narinaravutse mu muryango w’abakristo ariko numvaga ntazi ibyo ndimo, narakomeje mba muri cya kinyenga cyuko iwacu turi abakristo n’uwambonaga wese yabonaga ndi umukristo kuko naritondaga ariko mu byukuri sinari we.

Nakomeje superieur ndiga neza ntakibazo . Ariko maman yakomezaga kunyibutsa ya magambo ko ngomba gukunda Imana cyane kuko ariyo yabanye natwe mubihe bikomeye twanyuzemo. Ntakindi kintu yambwiraga mbere yuko mva murugo njya ku ishuri.

Ngeze mu wagatanu naje guhura n’ubuzima bwangoye ku bwakira, Maman wange nabonagamo byose yaje kurwara uburwayi bukomeye aza kwitaba Imana, kubura mama biri mu bintu bya babaje umutima wanjye kuko nakundaga maman wanjye cyane, Kuko ariwe nakuze mbona namubonagamo byose. Rero kwakira ubuzima nari ngiye kubaho nta maman byarangoye cyane kuko nari umutesi bikabije .

Mukuru wanjye ntiyari akiba murugo, yari yarashatse umugabo murumva nari nsigaye njyenyine..ubuzima burambihana, ibikomere rero biriyongera. Natekereza ubuzima ngiye kubamo nkumva si mbushyikira birangora kubwakira kuko numvaga ntabaho nta maman. Numvaga byanze bikunze ishuri ngomba kurivamo kuko numvaga ntazabishobora.

Natekereza kuba munzu ya ngenyine nkumva sinzabishora kandi nkumva nta handi hantu najya kuba nkumva iwacu sinahasiga.

Ariko nubwo nabanaga nibyo bikomere nta muntu wabashaga kubimenya kuko narenzagaho ntihagire ubimenya.

Naje gufata yuko nta famille ngomba kujya kubamo , ntangira kuba murugo njyenyine ndabimenyera rwose. Nkomeza no kwiga nubwo byari bigoye ndiga ndarangiza Imana impa na diplome.

Nasoje secondaire njya mubuzima busanzwe nubwo nabwo butari bworoshye nagato ariko Imana ikomeza kubana nanjye.

Nsubiye inyuma gato mama amaze gupfa nkasigara njyenyine. Naje kubona ntaho nsigaye natangiye gusenga Imana bimvuye ku mutima mbwiza Imana ukuri kumutima wanjye ari nabwo naje kwakira Yesu nk’umwami nu mukiza wanjye.kdi kuva namwakira numva numva umutima wanjye unezerewe .

Nsoza igice cya mbere ndashima Imana yabanye nanjye murubwo buzima butari bworoshye ndashima Yesu wanjye ko ya ndwaniye ishyaka .

 Aragira ati: “Nkuko nabivuze hejuru naje kurangiza amashuri yisumbuye njya mu buzima busanzwe mba umushomeri nk’abandi bose, ariko nyuma nagezaho mbona ikiraka hari 2013 mpakora igihe gito cyane nka mezi 2 aribwo nahise nkora accident (Impanuka).

Ndabyibuka byari tariki 27/04 ndabyuka njya mukazi nkuko byari bisanzwe ariko mbyuka numva nta meze neza, ngeze kukazi nsanga abakozi bose bari kujya mu muganda nanjye njyana nabo.

Umuganda urangiye ndihangana nsubira kukazi, rero mugusubira ku kazi nibwo nahuye na mato nakoreyeho impanuka. Moto nayigiyeho tugeze mu nzira dukora impanuka kubera nari mpetse machine (laptop) ndayigwira mvunika umugongo.

Bahise banjyana kwa muganga ntazi ahondi nagiye muri coma. Nyuma rero naje kugarura ubwenge nyuma ya masaha macye nsanga navunitse umugongo ndetse hari ibice bitari gukora (igice cyo hasi cyose). Naje kwisanga mubuzima numvaga noneho ntabashije kwihanganira murabyumva amarira yari menshi, nari mfite umubabaro ntashobora kubasobanurira ngo mubyumve, nta byiringiro byo kubaho nari mfite namba, no gusenga sinari nkibishoboye. Nari ntunzwe na marira gusa mbaza Imana impamvu yemeye ko, ati kuki njyewe? Nkabwira Imana nti ibi rwose sinshoboye kubyihanganira.

Arko Imana ijya yemera ko bitugeraho atari uko itwanze.

Nakomeje kuba kwa muganga ariko nkumva hari igihe nzakira ngataha nkakomeza ubuzima ariko siko byagenze kuko nabaye mubitaro igihe kinini kandi mbona nta mpinduka kuko nta kintu nakimwe nabashaga kwikorera, sinabashaga kwicara no kwihindukiza njye ubwange sinabaga nabishobora. Mubyukuri bwari ubuzima bugoye kuruhande rwanjye ndetse nabo twari kumwe.

Ariko nubwo byari bimeze gutyo numvaga nko mumezi macye nshobora gukira nkataha arko siko byagenze kuko iminsi yashiraga niko byakomezaga gukomera kandi nanone nagendaga numva andi makuru menshi ajyanye nikibazo nari nagize..

Bamwe bakambwira umuntu ugize icyo kibazo ntakira n’ibindi byinshi…noneho umubabaro uriyongera natekereza ubwo buzima kuzabubamo ubuzima bwange bwose nkumva isi ndayanze, nkumva sinshaka kubaho.

Nasenze inshuro nyinshi mbwira Imana ko yareka nkava mu mubiri kuko nabona imbere hanjye ntaho ahubwo ngiye kwanduranya. Nanone natekereza ubuzima nanyuzemo nkumva simbashije kwihangana.

Nakomeje kwivuza ntabitaro ntagezemo ariko njyenda mbwirwa amagambo akomeye n’abanganga.

Umunsi nagiye kubonana na Doctor wa CHUK hari hashize amezi atandatu(6). Nari ngifitiye icyizere abaganga ko haricyo bashobora kunkorera nkakira, arko uwo munsi nakiriye igisubizo ntari niteguye.

Doctor namugeze imbere ambaza byose ndamusobanurira arangije ambwirako ntakindi bankorera ahubwo ko ngomba kwakira ubuzima ngiye kubamo. Nahise numva ntazi uko mbaye ndaturika ndarira amarira ntigeze ndira mubuzima bwanjye.

N’abari bamperekeje nabo kwakira ibyo bari bambwiye byarabananiye bose barira imbere ya doctor (umutante , muganga na choffeur wa ambulance).

Nkimara kuva CHUK nageraje kwakira ibyo bari bambwiye birananira rwose. Navuzeko nivuje mubitaro byose bishoboka byo mu rwanda arko ntibyagira icyo bitanga.

Rero maze kuzenguruka mubitaro byose bishoboka (CHUK , KANOMBE, FAISAL) ntibigire icyo bitanga nasenze isengesho mbwira Imana nti: “sinshoboye kwakira ubu buzima sinzi nuko nkwiye kubwitwaramo none rero nyigisha uko nkwiye kwitwara muri ububuzima kuko numvaga ntazi icyo ngomba gukora. Kandi koko Imana yumvise gusenga nubwo ntakize hari byinshi yakoze kubuzima bwange kandi byari bikomeye cyane. Yankijije ibikomere byo mu mutima nabanaga nabyo undi muntu atari gushobora kunkiza, numva Imana impaye umunezero undi muntu wese atari bumpe.

Hari ikintu ntajya nibagirwa gushimira Imana buri munsi ni umubyeyi (Tante) Imana yampaye. Yandwaje kuva kuva ku munsi wa mbere kugeza none kuko ntago ariko nabitekerezaga yambereye umubyeyi mwiza ntacyo namushinja yarihanganye bishoboka rero mbishimira Imana yamumpaye.

Ngana kumusozo kansoreze kuri iki kintu nubwo intambara zitabura mu gihe tukiri mu isi ariko Imana iba iri kumwe natwe.

Hari ijambo rijya rimfasha 1ABAKORINTO :10:13 haravuga ngo: “Ntakigeragezo kibasha kubageraho kitari rusange mu bantu, kandi Imana niyo kwizerwa kuko itazabakundira kugeragezwa ibiruta ibyo mushobora ,ahubwo hamwe nikibageraza izabacira akanzu kugira ngo mubone uko mubasha kucyihanganira. Iri jambo iyo ndisomye buri gihe numva mbonye izindi mbaraga .

Maze guhura n’ikikibazo nabazaga Imana inshuro nyinshi impamvu yemeye ko bimbaho namaze igihe ntarabona igisubizo arko naje kumenya neza ko haricyo Imana igambiriye kubuzima bwange ndetse nubugingo bwange.

Ndashima Imana cyane kubwa byinshi yakoze kubuzima bwange aho igejeje ikora ndayishimye kdi nibyo itarakora izabikora kuko irabishoboye cyane kuko ndacyayifitiye icyizere.”

Imana ibahe umugisha!

Leave a comment


No Comment yet.